On Wednesday, 30 October 2013, 18:15, Mukandori Mukandori <m_uk_andori55@yahoo.fr> wrote:
Kubaza bitera kumenya:
Kuki u Rwanda rugirira cyane impuhwe umutwe wa M23 kandi ruhakana kuwufasha?
Kuki uyu mutwe iyo urimo gutsindwa uhitamo guhungira mu Rwanda?
Uwamenya impamvu yadusobanurira.
Mukandori
_______________________________________________________________
U Rwanda rwashyikirije CICR inkomere 15 za M23Minisiteri y' Ingabo y' u Rwanda yashyikirije Comité international de la Croix-Rouge(CICR) abasirikare 15 baturuka mu mutwe wa M23 bakomerekeye ku rugamba nyuma bakambuka bagana k' ubutaka bw' u Rwanda.
>> Amakuru Yose >> Amakuru Mashya >> Mu Rwanda Yanditswe: 30/10/2013 10:150 00Aba basirikare bitangazwa ko bakomerekeye ku ruganba mu mirwano yahereye kuwa Gatanu w' icyumweru gishize taliki ya 25 Ukwakira 2013 hagati y' ingabo za Leta ya Congo – Kinshasa FARDC n' umutwe w' inyeshyamba wa M23.Umuvugizi w' igisirikare cy' u Rwanda Gén. Brig. NzabamwitaUmuvugizi w' igisirikare cy' u Rwanda Gén. Brig. Nzabamwita yagize ati: " ubuyobozi bw' u Rwanda rwabashyikirije CICR aba basirikare 15 baturuka muri M23 nyuma yo guhungira mu Rwanda".Yakomeje avuga ko aba basirikare bakimara kugera mu Rwanda ko bakorewe ubuvuzi bushoboka, barangije bashyirwa mu bitaro aho bitabwagaho, nyuma nibwo bashyikirijwe CICR.Iki gikorwa cyakozwe kubw' ibyemeranyijwe i Goma muri Nzeli 2012 byo gushyiraho "Mécanisme de Vérification Conjoint Elargi" (MVCE) mu gukemura ibibazo hagati ya Congo n' u Rwanda .MVCE ni umutwe washyizweho ugizwe n' inzobere za RDC, u Rwanda n' ibindi bihugu byashyizweho n' inama mpuzamahanga y' ibihugu byo mu biyaga bigari hamwe na Afrika Yunze Ubumwe tutibagiwe na ONU mu gushaka gucyemura amakimbirane ku mipaka hagati y' u Rwanda na Congo - Kinshasa.
Itangishatse Théoneste - Imirasire.com__._,_.___
Reply via web post Reply to sender Reply to group
Comments
Post a Comment